00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gaza: OMS yashinje Israel kugaba igitero ku nyubako yarimo abakozi bayo

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 22 July 2025 saa 02:17
Yasuwe :

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryashinje Israel kugaba ibitero ku nyubako yari irimo abakozi bayo n’imiryango yabo muri Gaza.

Ryatangaje ko iyo nyubako yari icumbikiye abakozi ba OMS n’imiryango yabo mu Mujyi wa Deir al-Balah ariko muri ibyo bitero ngo Israel ntibyayibujije kubarasaho.

Nta kintu igisirikare cya Israel kirasubiza kuri ibyo birego.

Icyo cyari igitero cya mbere kigabwe mu gace ka Deir al-Balah kuva intambara yahuje Israel n’umutwe wa Hamas imaze amezi 21 yatangira. Ni intambara imaze gutuma abarenga ibihumbi by’abasivili b’Abanya-Palestine bava mu byabo.

Ku Cyumweru Igisirikare cya Israel cyategetse abantu batuye muri ako gace guhunga bakerekeza mu majyepfo ngo ko hari hagiye kugabwa ibitero yise ibyo gushwanyaguza ubushobozi n’ibikorwaremezo by’umwanzi.

Abaturage bari hagati y’ibihumbi 50 n’ibihumbi 80 batuye muri ako gace bahatiwe kuhava bakerekeza mu Majyepfo mu gace ka al-Mawasi.

Nyuma y’uwo muburo, UN yari yatangaje ko abakozi bayo bazaguma muri Deir al-Balah.

Ku wa Mbere tariki ya 21 Nyakanga 2025, OMS yasohoye itangazo ryamagana bikomeye ibitero bya Israel byibasiye inyubako yarimo abakozi bayo.

Yerekanye ko iyo nyubako yagabweho igitero inshuro eshatu, abakozi bayo n’imiryango yabo barimo n’abana bagira ihungabana rishingiye ku bitero byo mu kirere bagabweho.

Ryakomeje risobanura ko igisirikare cya Israel cyinjiye muri iyo nyubako, bagategeka abana n’abagore kugenda berekeza muri al-Mawasi n’amaguru.
Abakozi b’abagabo n’imiryango yabo bambikwa amapingu, bahatwa ibibazo kandi batunzwe imbunda.

Ibyo kandi byatumye abakozi babiri n’abo mu miryango yabo babiri bafungwa. Batatu baje kurekurwa ariko umwe muri abo bakozi bayo aracyari mu buroko.

Yasabye ko uwo mukozi yafungurwa kandi abandi bakozi nabo bimuwe n’imiryango yabo bagahabwa umutekano.

OMS yashinje Israel kugaba igitero ku nyubako yarimo abakozi bayo
Icyo cyari igitero cya mbere kigabwe mu gace ka Deir al-Balah (ahari akaziga ku mutuku) kuva intambara yahuje Israel n’umutwe wa Hamas yatangira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages