00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Muhoozi yahinduye umuyobozi w’umutwe w’Ingabo zirinda Perezida Museveni

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 August 2026 saa 11:49
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF) akaba n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Yoweri Museveni mu bikorwa byihariye, Gen Muhoozi Kainerugaba, yagize Brig Gen Asaph Mweteise Nyakikuru umuyobozi w’agateganyo w’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe (Special Forces Command - SFC).

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Col Chris Magezi, kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Kanama 2026, rivuga ko Brig Gen Nyakikuru yanahawe ipeti ry’agateganyo rya Major General.

Rikomeza rivuga ko izi mpinduka mu buyobozi bwa SFC zatangiye gukurikizwa uyu munsi.

Major General Asaph Mweteise Nyakikuru asimbuye Major General David Mugisha wari usanzwe uyobora uyu mutwe w’Ingabo.

Ubuyobozi bwa UPDF bwatangaje ko Mugisha ateganya kujya mu mahugurwa y’amasomo yo ku rwego rwo hejuru mu bijyanye n’umutekano (National Defence College - NDC) mu mahanga mu mezi ari imbere.

Mu butumwa bwa UPDF, yashimiye Major General David Mugisha ku murimo yakoze ubwo yayoboraga Special Forces Command, imwifuriza amahirwe masa mu masomo ye y’umutekano. Nanone yashimiye Brig Gen Asaph Mweteise Nyakikuru ku nshingano nshya no ku kuzamurwa mu ntera, imwifuriza kuzuza neza inshingano yahawe.

Special Forces Command (SFC) ni umwe mu mitwe yihariye igize Ingabo za Uganda, ushinzwe ibikorwa by’umutekano bidasanzwe birimo no kurinda abayobozi bakuru b’igihugu, aho usanzwe ufite uruhare mu kurinda Perezida Yoweri Museveni.

Major General David Mugisha ni we wari usanzwe uyobora SFC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages