00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Roméo Dallaire yahawe impamyabumenyi y’icyubahiro ku bikorwa bye mu Rwanda

Yanditswe na

Birori Eric

Kuya 26 September 2015 saa 11:02
Yasuwe :

Lt Gen Roméo Dallaire yahawe impamyabumenyi y’icyubahiro mu mategeko yahawe na Kaminuza ya University of British Columbia ku bw’ibikorwa bye mu Rwanda.

Gen. Dallaire azahabwa iyi mpamyabushobozi y’ikirenga y’icyubahiro ku wa 1 Ugushyingo 2015,mu birori byitwa “Allard Prize for International Integrity” akaba ari nawe uzavuga ijambo rikuru muri ibi birori.

Gen. Romeo Dallaire azwi cyane ko yari umugaba w’ingabo z’umuryango w’Abibumbye zari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside (UNAMIR), aho yabashije kurokora abantu bamwe na bamwe, ariko ingabo yari ayobowe zinengwa ko zitabashije guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, ibintu byanashenguye Gen. Dallaire ubwe.

Atanga ubuhamya mu rukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda ICTR, Gen Dallaire yibutse abantu bapfuye mu Rwanda, kandi ingabo za LONI zari zifite ubushobozi bwo kubatabara, yaraturitse ararira.

Uyu mu Jenerali yamenyekanye mu bitabo bye birimo n’icyo yise Shake Hands With The Devil: The Failure of Humanity in Rwanda, bisobanuye kuramukanya na sekibi kunanirwa kurokora abantu mu Rwanda, mu buhamya ndetse no mu biganiro bitandukanye, Lt Gen.Dallaire akunda kugaruka kuri ayo mateka.

Catherine Dauvergne, umuyobozi wa “Allard School of Law” avuga ko Roméo Dallaire yaranzwe n’ubumuntu, ubudahemuka no guharanira ko isi yaba nziza.

Gen Dallaire ubu bi umusilikare uzi mu zabukuru

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages