00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Zaluzhny ahabwa amahirwe yo gusimbura Perezida Zelensky

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 19 July 2025 saa 07:22
Yasuwe :

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine ntahabwa amahirwe yo gukomeza kuyobora iki gihugu mu gihe kiri imbere bitewe n’uko abaturage n’abanyamahanga bamushyigikiye bakomeje kumutakariza icyizere.

Umunyamerika Seymour Hersh ufite uburambe mu itangazamakuru, yatangaje ko abayobozi bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika babona ko Perezida Zelensky ashobora gusimburwa na Gen Valery Zaluzhny wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo.

Manda ya Zelensky yarangiye mu 2024, akomeza kuyobora Ukraine hashingiwe ku itegeko rishyiraho ibihe bidasanzwe bya gisirikare byatewe n’intambara iki gihugu gihanganyemo n’u Burusiya.

Mu nkuru yanditse ku wa 18 Nyakanga 2025, Seymour yatangaje ko umwe mu bayobozi bo muri Amerika yavuze ko mu gihe Zelensky yakwanga kuva ku butegetsi ku bushake, ashobora gukurwaho ku ngufu.

Abanyamerika bagaragaza ko mu gihe Perezida Donald Trump yakura amaboko kuri Zelensky, kumukura ku butegetsi byakoroha, ariko ko yahabwa ubuhungiro.

Uyu munyamakuru yatangaje ko ashingiye ku makuru yahawe n’abayobozi bo muri Amerika, Gen Zaluzhny usanzwe ari Ambasaderi wa Ukraine mu Bwongereza ashobora gusimbura Zelensky mu mezi make ari imbere.

Ubushakashatsi buheruka bwerekanye ko icyizere abaturage ba Ukraine bafitiye Zelensky cyamanutse kuva kuri 90% muri 2022, kikagera kuri 52% muri uyu mwaka. Abagera kuri 60% ntibifuza ko yiyamamariza indi manda.

Abayobozi bo muri Amerika bahamya ko Zelensky asigaje igihe gito ku butegetsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages