00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ghana yirukanye ku butaka bwayo abanya-Israel batatu nko kwihimura

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 11 December 2025 saa 10:36
Yasuwe :

Ghana yirukanye Abanya-Israel batatu bari bageze muri icyo gihugu ku wa Gatatu, mu gikorwa kigaragara nko kwihimura ku birego byo gutoteza Abanya-Ghana ku Kibuga Mpuzamahanga cya Ben Gurion muri Israel.

Abanya-Ghana barindwi, barimo bane bari bagize itsinda rya leta ryari ryitabiriye inama ku mutekano w’Ikoranabuhanga (cyber-security) i Tel Aviv, bivugwa ko bafunzwe nta bisobanuro bahawe.

Hashize amasaha atanu bararekurwa, mu gihe abandi batatu basubijwe mu gihugu nk’uko Ghana ibivuga, ikaba yaranamaganye uburyo bafatwagamo.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ghana yatangaje ko umudipolomate wo ku rwego rwo hejuru w’Ambasade ya Israel i Accra yahamagawe ngo asobanure iby’iki kibazo, kandi ibihugu byombi byemeranyije kurangiza ayo makimbirane mu mahoro.

BBC yatangaje ko yagerageje kuvugisha Ambasade ya Israel kugira ngo igire icyo ibivugaho, ntiyasubizwa.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ghana yavuze ko ibihugu byombi bimaze imyaka myinshi bifitanye umubano mwiza, bityo ibikorwa Israel ishinjwa kubakorera bidahuye n’ibyo mubano w’amateka.

Minisiteri yongeyeho ko Ghana itegereje ko abaturage bayo bubahirizwa agaciro n’icyubahiro, nk’uko n’ibindi bihugu byifuza ko Ghana yubaha abenegihugu babyo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Samuel Okudzeto Ablakwa, yabwiye itangazamakuru rya JoyFM ko buri Munya-Ghana wirukanwa na Israel, na Ghana izajya yirukana umunya-Israel.

Ghana yirukanye ku butaka bwayo abanya-Israel batatu nko kwihimura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages