Byatangajwe n’Ikinyamakuru cy’Abarusiya, RT, kuri uyu wa 16 Nyakanga 2024, gikomoza ku kuba Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi aherutse gusura u Burusiya kugira ngo agirane ibiganiro na Putin ku mubano w’ibihugu byombi, no ku bindi birimo ibibazo by’umutekano binafite aho bihuriye n’intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine.
Kuwa 08 Nyakanga 2024 nibwo Minisitiri Modi yashyize amafoto kuri X ari kumwe na Perezida Putin, harimo n’ayo bahoberana ndetse anamushimira uko yakiriwe mu Burusiya.
Ayo mafoto ni yo yarakaje Volodymyr Zelensky wa Ukraine, anavuga ko guhurira i Moscow kw’abo bagabo bisubiza inyuma urugendo ruganisha ku mahoro.
Perezida Zelensky yakomoje ku kuba umunsi abo bagabo bahura u Burusiya bwari bwagabye ibitero kirimbuzi bigizwe n’ibisasu bya misile kuri Ukraine bigahitana abantu 37, abandi 130 bagakomereka, bityo ko guhura kwa Narendra Modi na Putin yagereranyije n’umwicanyi ari urucantege.
Ibi kandi byatumye Ambasaderi wa Ukraine mu Buhinde ahamagazwa na bwo kugira ngo yisobanure, ibintu u Buhinde bufata nk’agasuzuguro.
U Buhinde kandi bwahise busubika inama bwari bufitanye na Ukraine, yigaga ku bijyanye na Dipolomasi ibyo bihugu bihuriyeho.
Ibi bibaye nyuma y’uko mu ntangiro z’uyu mwaka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmitry Kuleba, yari yasuye u Buhinde muri gahunda yo kubusaba ubufasha mu rugendo rwo kubaka amahoro hahoshwa intambara iri hagati ya Ukraine n’u Burusiya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!