00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hafi ya ‘White House’ humvikanye urusaku rw’amasasu

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 6 April 2026 saa 09:19
Yasuwe :

Secret Service ishinzwe kurinda umutekano w’abayobozi bakuru ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangije iperereza nyuma y’urusaku rw’amasasu rwumvikanye hafi y’Ibiro bya Perezida (White House), ku Cyumweru tariki 5 Mata 2026.

Mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki 5 Mata 2026, ahagana saa 04:00, nibwo humvikanye urusaku rw’amasasu hafi ya White House.

Secret Service yahise itangira gushakisha hafi ya Lafayette Park ituranye n’ibiro bya Perezida kugira ngo batahure uwarashe niba ari ho yihishe.

Anthony Guglielmi, Umuvugizi wa Secret Service abinyujije kuri X, yavuze ko ibi bikimara kuba bahise bafunga imihanda yose iri hafi ya Perezidansi, gusa ubu yongeye kuba nyabagendwa.

Secret Service ivuga ko nta muntu wasanzwe muri iyi pariki nyuma yo kuyigenzura kandi iki gitero ntawe cyakomerekeje. Iperereza riracyakomeje ngo harebwe niba nta kinyabiziga cyakoreshejwe no gushakisha ukekwa.

Igihe ibi byabaga, Donald Trump yari i Washington DC, ndetse Secret Service ivuga ko akazi muri White House gakomeje nk’ibisanzwe ariko umutekano ukaba wakajijwe.

Ibi byatumye Perezida Donald Trump impera z’icyumweru azimara mu murwa mukuru aho kujya mu rugo rwe i Mar-a-Lago muri Florida aho akunze kuba mu minsi itari iy’imibyizi.

Hafi ya ‘White House’ humvikanye urusaku rw’amasasu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages