BBC ivuga ko ubu bushakashatsi bwakorewe ku bantu bari hejuru y’imyaka 80, kuko aribo babanje guhabwa uru rukingo, ndetse ko rutangira kugaragaza umusaruro warwo neza mu byumweru bitatu cyangwa bine umuntu aruhawe.
Nubwo byagaragaye ko urukingo rumwe rushobora kurinda umuntu kuremba, abahanga mu bya siyansi mu Bwongereza bavuze ko ari ngombwa ko abantu baterwa inkingo ebyiri kugira ngo zishobore gutanga umusaruro ufatika mu kurinda umuntu Covid-19.
Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko urukingo rwa Pfizer rwagabanyije impfu za Covid-19 mu bantu bafite imyaka 80 ku kigero cya 83%, mu gihe urwa Astrazeneca rwo rwagaragaje ko rufite ubushobozi bwo kurinda abantu bakuze bari hejuru y’imyaka 70 kugaragaza ibimenyetso nyuma y’ibyumweru bitatu barutewe, ku kigero cya 60%.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ubuvuzi mu Bwongereza, Prof Jonathan Van-Tam, yavuze ko ibyavuye mu bushakashatsi bitanga ikizere ko gahunda yo gutanga inkingo izatuma ubuzima buhinduka mu gihe gito.
Yongeyeho ati “Icyemezo cyo gutera urukingo rwa Astrazeneca abantu bashaje, cyari kiza. Ibyavuzwe n’abayobozi bo mu Bwongereza ko rukora ku bantu bakiri bato gusa ntabwo ari byo.”
Ushinzwe ubudahangarwa muri PHE, Dr. Mary Ramsay, yavuze ko hari ibihamya bigaragaza ko inkingo ziri kugabanya ubwandu bushya ndetse ko ziri no kuramira ubuzima bw’abantu. Gusa avuga ko hakenewe gukora ubushakashatsi bwimbitse ku bushobozi zifite bwo kurinda Covid-19 yihinduranyije yagaragaye muri Brazil, yanamaze kugera no mu Bwongereza.
Kugeza ubu muri iki gihugu abantu miliyoni 20 bamaze guterwa dose ya mbere y’urukingo. Gusa ariko mu minsi 28 ishize hamaze gupfa abantu 104 bazize Covid-19, mu gihe abanduye bashya muri iyo minsi ari 5.455.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!