00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagaragajwe urwandiko rwa nyuma Tyler Robinson yanditse mbere yo kwica Charlie Kirk

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 17 September 2025 saa 11:39
Yasuwe :

Ubushyinjacyaha bwo muri Leta ya Utah yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagaragaje ko mbere y’uko Tyler Robinson ucyekwaho kwica Charlie Kirk akora icyo cyaha, yabanje kwandikira umusore babanaga, amubwira ko amahirwe yo kwica Charlie Kirk adashobora kuyitesha.

Ibi byagarutsweho ku wa 16 Nzeri 2025, ubwo uyu musore yajyanwaga mu rukiko rwo muri Utah, rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, Robinson ashinjwa ibyaha birindwi birimo ubwicanyi, gukoresha intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, gukanga abatangabuhamya n’ibindi.

Umushyinjacyaha Jeffrey Gray, yatangaje ko Tyler Robinson w’imyaka 22 yasigiye urwandiko umusore babanaga bikekwa ko banakundanaga, ruvuga ko agiye kwica Charlie Kirk kubera ko ari amahirwe yari abonye yo kwivugana uyu mugabo.

Gray yavuze ko urwo rwandiko rwagirana ruti “Nabonye amahirwe yo kwivugana Charlie Kirk kandi ngiye kubikora.”

Uyu mushinjacyaha yagaragaje ubundi butumwa aba basore bagiranye aho Robinson yamugaragarije ko yishe Kirk kubera urwango yari asanzwe amufitiye.

Robinson ashobora gusabirwa igihano cy’urupfu mu rubanza bikekwa ko ruzihutishwa cyane.

Charlie Kirk wari impirimbanyi y’ibitekerezo by’Aba-conservateur akanashyigikira ibitekerezo by’ishyaka ry’aba-Republicain by’umwihariko akaba n’inshuti magara ya Perezida Donald Trump, yarashwe ku wa 10 Nzeri 2025.

Nyuma yo gukora ibyo bikorwa, Robinson yahise afatwa nyuma y’uko umubyeyi we afatanyije n’inshuti ze zimujyanye ku biro bya Polisi.

Hagaragajwe urwandiko rwa nyuma Tyler Robinson yanditse mbere yo kwica Charlie Kirk

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages