00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hahishuwe uko Elon Musk yashakaga miliyari 80$ muri OpenAI ngo yubake umujyi kuri Mars

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 6 May 2026 saa 03:08
Yasuwe :

Mu rubanza ruri kubera muri Leta ya California, Perezida w’Ikigo gikora ibijyanye n’ubwenge buhangano cya OpenAI, Greg Brockman, yatanze ubuhamya bwemeza ko Elon Musk yashyigikiye igitekerezo cyo guhindura iki kigo ikigamije inyungu mu 2017.

Yavuze ko Musk yatekerezaga ko ikigo kidaharanira inyungu kidashobora kubyara amafaranga ahagije. Intego ye yari uguhabwa ubuyobozi bwuzuye.

Brockman yatangaje ko Musk yashakaga ubu bubasha kugira ngo bimufashe gukusanya miliyari 80$ kugira ngo yubake umujyi ufite byose ku mubumbe wa Mars.

Nyuma yo kutumvikana kuri iyi ngingo muri Kanama 2017, Musk mu burakari bwinshi ngo yarivumbuye, ahagarika inkunga ye, nyuma aza no kuva mu nama y’ubutegetsi y’iki kigo muri Gashyantare 2018.

Kugeza ubu, Musk yareze ikigo cya OpenAI mu nkiko avuga ko yabeshywe agatanga miliyoni 38$ mu kigo kidaharanira inyungu mbere y’uko gihindurwa kikagirwa ikigamije inyungu.

Arasaba impozamarira ya miliyari 150$, akaba yifuza ko yishyurwa igice cya OpenAI gikora nk’ikigo kidaharanira inyungu.

Muri Werurwe 2019, ikigo cya OpenAI cyahinduye imiterere yacyo kivamo ibice bibiri birimo kimwe giharanira inyungu n’ikindi kidaharanira inyungu. Kuva ubwo kikaba kimaze gukusanya amafaranga arenga miliyari 100$.

Iki kigo giteganya gukoresha miliyari 50$ mu bikorwa by’ikoranabuhanga rya mudasobwa [computing] mu 2026, kikaba gishobora no kugurisha imigabane yacyo ku isoko ry’imari n’imigabane, ikabarirwa agaciro ka miliyari 1000$ muri uyu mwaka.

Elon Musk yashatse kubaka umujyi kuri Mars ariko biranga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages