00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamas yahamije ko Israël yishe abantu 241 ku munsi umwe

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 27 December 2023 saa 03:18
Yasuwe :

Umutwe wa Hamas watangaje ko ingabo za Israël ziciye abantu 241 mu ntara ya Gaza mu masaha 24, abandi 382 bagakomereka.

Ni amakuru yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima muri iyi ntara igenzurwa na Hamas, kuri uyu wa 26 Ukuboza 2023.

Nk’uko BBC yabitangaje, inzego z’ubuzima muri Gaza zemeje ko muri aba bantu harimo abapfiriye mu nkambi ya Nur Shams iherereye mu karere ka Tulkarem, ubwo bagabwagaho igitero cya ‘drone’.

Igisirikare cya Israël kiremeza ko gikomeje ibitero muri Gaza, bigamije gusenya umutwe wa Hamas kugira ngo utazongera kuba ikibazo ku mutekano w’iki gihugu.

Kuri uyu wa 26 Ukuboza, iki gisirikare cyatangaje ko mu munsi umwe cyagabye ibitero ku hantu harenga 100 cyemeza ko hakorera abarwanyi ba Hamas.

Ibitero by’ingabo z’iki gihugu muri Gaza byakurikiye ibyo Hamas yagabye mu majyepfo yacyo tariki ya 7 Ukwakira 2023, bigatwara ubuzima bw’abantu 1200, abandi 240 ikabafata bugwate.

Kuva ingabo za Israël zatangira kwihimura kuri Hamas, kimaze kwicira muri Gaza abantu 20.915 nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ibyemeza. Umuryango na wo urababarira mu bihumbi 20.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages