00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamas yarekuye abasirikare bane ba Israel

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 25 January 2025 saa 05:16
Yasuwe :

Umutwe witwaje intwaro wa Hamas ugenzura Intara ya Gaza muri Palestine warekuye abagore bane bo mu gisirikare cya Israel mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’amahoro impande zombi zagiranye.

Abarekuwe ni Karina Ariev w’imyaka 20, Daniella Gilboa w’imyaka 20, Naama Levy w’imyaka 20 na Liri Albag w’imyaka 19. Aba basirikare bafashwe na Hamas mu Ukwakira 2023 ubwo yagabaga igitero gikomeye muri Israel.

Leta ya Israel yakiriye aba bagore mu Misiri kuri uyu wa 25 Mutarama 2025, Israel na yo irekura Abanya-Palestine 70 yari ifunze.

Umuvugizi w’Ingabo za Israel, Daniel Hagari, yemeje ko bakiriye aba bagore, asobanura ko ingabo zizaruhuka mu gihe abantu babo bari mu maboko ya Hamas bazaba barekuwe.

Yagize ati “Ingabo za Israel zizakomeza gukora ibishoboka byose ngo zirinde abaturage ba Israel. Akazi kacu ntikararangira kugeza igihe abaturage bagizwe imbohe na Hamas bose bazaba batashye.”

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko uwitwa Arbel Yehoud na we yagombaga kurekurwa kuri uyu wa 25 Mutarama ariko Hamas ntiyabikoze.

Netanyahu yasobanuye ko ku bw’iyi mpamvu, Leta ya Israel yasubitse gahunda yo kwemerera impunzi z’Abanya-Palestine gusubira mu majyaruguru y’Intara ya Gaza kugeza ubwo Yehoud azarekurirwa.

Aba basirikare bari mu maboko ya Hamas kuva mu Ukwakira 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages