00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamenyekanye ko Kim Jong Un yagennye umukobwa we w’imyaka 13 nk’uzamusimbura

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 12 February 2026 saa 09:05
Yasuwe :

Urwego rushinzwe ubutasi rwo muri Koreya y’Epfo rwatangaje ko Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yahisemo umukobwa we, Kim Ju Ae, w’imyaka 13 nk’uzamusimbura ku butegetsi.

Uru rwego rugaragaza ko ibi rwabishingiye ku bintu byinshi bitandukanye birimo uburyo uyu mwana asigaye aherekeza se ahantu henshi hatandukanye kandi hakomeye harimo uruzinduko rw’amateka Kim Jong Un aherutse kugirira i Beijing mu Bushinwa.

Uru rwego ru igaragaza ko kandi iri gucungira hafi ngo harebwe ko uyu mwana azitabira inama izaba muri Werurwe 2026 y’igihugu iba buri myaka itanu.

Iyi ni inama iba ikomeye ihuza inzego zose muri iki gihugu aho iba yiga ku mubano mpuzamahanga, ibijyanye n’intambara, ndetse n’intego z’imyaka itanu mu bijyane n’ingufu za nucléaire.

Umwe mu bayobozi bahawe aya makuru n’ubutasi bwa Koreya y’Epfo, Lee Seong-kwen, yavuze ko Kim Ju Ae ari gutozwa kuba umuyobozi ukomeye ndetse ko ubu ageze ku rwego rwo guhura n’abayobozi no kujya mu ruhame.

Ati “Kim Ju Ae yegaragaye ahantu hatandukanye harimo ibirori byo kwizihiza isabukuru y’igisirikare cy’iki gihugu ndetse aherutse gusura Kumsusan Palace of the Sun. Asigaye agira atanga ibitekerezo ku byemezo bya politiki zimwe na zimwe z’igihugu. Ni ikimenyetso cy’uko ari gutozwa kuba umuyobozi uzasimbura se.”

Kumsusan Palace of the Sun ni inyubako yagizwe iguturo cy’abahoze ari abayobozi ba Koreya ya Ruguru guhera kuri Sekuru wa Kim Jong Un, Kim Il-sung, na se Kim Jong Il. Iherereye mu Murwa Mukuru Pyongyang.

Ni inyubako yubashywe cyane muri Koreya ya Ruguru kuko isurwa n’abatari bacye baje guha icyubahiro abo bayobozi babiri bafatwa nk’aho ar ibo bahanze Koreya ya Ruguru.

Ubutasi bwa Koreya y’Epfo bwemeza ko Kim Jong Un afite undi mwana w’umuhungu mukuru kuri Kim Ju Ae ariko se yanze ko agira ahantu na hamwe agaragara mu itangazamakuru.

Hamenyekanye ko Kim Jong Un azasimburwa umukobwa we w’imyaka 13

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages