Ku wa 15 Nyakanga 2025, nibwo ikinyamakuru cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Wall Street Journal, cyashyize hanze amakuru y’uko Trump na we ari mu bifurije isabukuru nziza y’imyaka 50 y’amavuko kuri Epstein, ibi bikaba byarabaye mbere y’imyaka itatu gusa nyuma atangiye gushinjwa ibyaha birimo gusambanya abana batujuje imyaka y’ubukure.
Aya makuru akigera hanze, Trump abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yahise avuga ko agiye kujyana mu nkiko iki kinyamakuru ndetse na nyiracyo, Rupert Mudorch, kuko mbere yabanje kubaburira ababuza kutazashyira hanze amakuru y’ibinyoma.
Ati “Mbere y’uko ikinyamakuru Wall Street Journal ndetse na nyiracyo Rupert Mudorch basohora iriya nkuru, njyewe ubwanjye nari nababuriye mbabuza kuyisohora kubera ko ntabwo ari ukuri ahubwo ni ibaruwa y’impimbano, ndababwira ngo nimuyishyira hanze nzabajyana mu nkiko.”
Umuvugizi wa Wall Street Journal n’Ikigo kiyireberera, Dow Jones & Co, yahakanye ibyavuzwe ko ibyo batangaje atari byo ndetse n’iby’uko Trump agiye kubajyana mu nkiko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!