00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutseho 4%

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 July 2026 saa 09:00
Yasuwe :

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga byazamutseho hejuru ya 4% nyuma y’uko intambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran yongeye gukaza umurego, bikongera impungenge ku bwikorezi bwa peteroli inyura mu muhora wa Hormuz.

Ibiciro by’akagunguru k’ibikomoka kuri peteroli byazamutseho Amadolari 3,10, bingana na 4,08%, kagera ku Madolari 79,11. Izi mpinduka zabayeho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

Iri zamuka ry’ibiciro ryatewe n’impungenge z’uko intambara yubuye hagati ya Amerika na Iran ishobora guhungabanya ubwikorezi bwa peteroli n’ubw’ibindi bicuruzwa binyura mu muhora wa Hormuz.

Ku Cyumweru ingabo za Amerika zagabye igitero cya kane mu minsi ikurikirana mu bice bitandukanye muri Iran. Ku rundi ruhande, Umutwe udasanzwe w’ingabo za Iran (Revolutionary Guards) wavuze ko kuri uyu wa Mbere na wo wagabye ibitero ku birindiro by’ingabo za Amerika biri muri Kuwait na Bahrain.

Mbere y’uko intambara itangira mu mpera za Gashyantare, hafi 20% by’ibikomoka kuri peteroli na gaz ku Isi byanyuraga muri uyu muhora.

Amakuru y’ikigo gikurikirana ubwato cya Kpler agaragaza ko ku Cyumweru ubwato butandatu gusa ari bwo bwanyuze muri Hormuz, umubare muto cyane ugereranyije n’ibyumweru bitanu byari bishize.

Ibi bitero bishya byatumye abantu barushaho gushidikanya ku hazaza h’amasezerano y’agateganyo hagati ya Amerika na Iran yari agamije kongera gufungura uyu muhora no guhagarika intambara nyuma y’ibiganiro byari biteganyijwe kumara iminsi 60.

Abasesenguzi b’isoko ry’ingufu bavuze ko izamuka ry’ibiciro rishobora gukomeza bitewe n’uko amakimbirane akomeje kwiyongera.

Igiciro cy'ibikomoka kuri peteroli cyazamutseho 4%

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages