00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibiganiro by’ubuhuza hagati ya Ukraine n’u Burusiya bigiye gusubukurwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 July 2026 saa 11:13
Yasuwe :

Ukraine na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye gutegura uburyo bushya bwo gusubukura ibiganiro bigamije guhagarika intambara imaze imyaka irenga ine ihanganishije Kyiv na Moscow.

Abayobozi ba Ukraine na Amerika batangaje ko barimo kunonosora ibyifuzo bishya bizashyikirizwa u Burusiya, byitezweho kubanza kuganisha ku guhagarika ibitero byo mu kirere.

Perezida Volodymyr Zelensky aherutse kuganira na Steve Witkoff na Jared Kushner, intumwa za Perezida Donald Trump mu biganiro by’ubuhuza. Bamumenyesheje ko White House iri gutegura inyandiko nshya izashingirwaho mu biganiro.

Biteganyijwe ko izi ntumwa zizajya mu Burusiya mu mpera za Nyakanga cyangwa mu ntangiriro za Kanama, nyuma yo guhuza imyanya na Ukraine.

Trump na Zelensky na bo bitegura guhura kugira ngo baganire ku cyiciro gikurikira cy’ubu buhuza no ku buryo hashobora gutegurwa ibiganiro bitaziguye hagati ya Zelensky na Perezida Vladimir Putin.

Amerika yizera ko u Burusiya bushobora kwemera guhagarika by’agateganyo ibitero byo mu kirere, kubera ko Ukraine ikomeje kugaba ibitero kure mu gihugu cyabwo.

Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, yatangaje ko u Burusiya bwiteguye kuganira, nubwo Ukraine igishidikanya ku bushake bwabwo bwo guhagarika intambara burundu.

Intumwa za Trump n'iza Zelensky ziri kwiga uko ibiganiro n'u Burusiya byasukurwa vuba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages