Nike ni rumwe mu nganda zikomeye mu gukora imyenda, inkweto n’ibijyana na byo nk’ibikapu n’ibindi.
Uru ruganda rukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubu ruri mu bihe bitarworoheye aho abaguzi b’ibicuruzwa byarwo mu Bushinwa bagerwa ku mashyi, ibishobora no gutuma rufunga imiryango.
Umuyobozi mukuru wa Nike, Elliot Hill yavuze ko isoko ry’u Bushinwa ryabagoye cyane.
Ati “Nike ubu imaze amezi 18 yikurikiranya iri mu bihombo ku isoko ry’u Bushinwa. Nyuma y’igihombo cya 17% mu mezi atatu ashize mu Ukuboza [...], dukeneye guhindura uburyo dukoresha.”
Ku isoko, Nike iri kuganzwa cyane n’izindi nganda zo mu Bushinwa nka Anta na Li Ning, bitewe n’uko izi nganda zishobora gukora no kugeza ku isoko vuba ibicuruzwa byazo.
Ikindi ni uko izi nganda zifite ibicuruzwa byiza kandi ku giciro gito.
Intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati nayo ikomeje kuba umutwaro ku nganda zitandukanye aho igiciro cy’ibikoresho cyazamutse bitewe n’ubwiyongere mu biciro by’ibikomoka kuri peteroli na gaz.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!