00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihugu 10 bya mbere ku isi byashoye amafaranga menshi mu gisirikare

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 24 April 2023 saa 10:30
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwerekanye ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyoboye urutonde rw’ibihugu byashoye amafaranga menshi mu gisirikare mu mwaka wa 2022, aho ibihugu 10 bya mbere byakoresheje miliyari 1682$, zingana na 75% n’ingengo y’imari yashowe muri uru rwego ku Isi.

Raporo y’Ikigo Stockholm International Peace Research Institute (SIPRI) yasohotse kuri uyu wa Mbere, igaragaza ko mu mwaka ushize amafaranga ibihugu bishora mu gisirikare yazamutseho 3,7%, agera kuri miliyari ibihumbi 2240$.

Aya mafaranga yashowe mu gisirikare ahwanye na 2.2% by’umusaruro mbumbe w’isi yose mu mwaka wa 2022.

Ku mwanya wa mbere haza Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoresheje miliyari 877,0$, u Bushinwa buza ku mwanya wa kabiri na miliyari 292$, mu gihe u Burusiya buza ku mwanya wa gatatu na miliyari 86,4$.

U Buhinde buza ku mwanya wa kane na miliyari 81,4$, hakaza Arabie Saoudite (miliyari 75$), u Bwongereza (miliyari 68,5$), u Budage (miliyari 55,8$), u Bufaransa (miliyari 53,6$), Korea y’Epfo (miliyari 46,4$) n’u Buyapani (miliyari 46$).

Urebye nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bushinwa n’u Burusiya biza imbere mu gukoresha ingengo y’imari iri hejuru, amafaranga byakoresheje yihariye 56%.

Ni amafaranga yazamuwe cyane n’intambara ihuje u Burusiya na Ukraine n’umwuka mubi muri Aziya y’uburasirazuba, aho u Bushinwa burebana nabi na Taiwan, ari nako ibihugu byo mu Burengerazuba bishaka kwinjira muri iki kibazo.

Muri uwo mwaka intambara yo muri Ukraine yatangiyemo, bigaragara ko ingengo y’imari yayo ya gisirikare yazamuwe ku gipimo cya 640% igera kuri miliyari 44$ mu 2022.

Izamuka riri hejuru ry’iyi ngengo y’imari ryagaragaye mu Burayi, aho ibihugu bibugize byazamuye iyi ngengo y’imari kuri 13%, izamuka riri hejuru mu myaka 30 ishize.

Umushakashatsi kuri gahunda y’ibigirikare ndetse n’ikorwa ry’intwaro muri SIPRI, Nan Tian, yavuze ko itumbagizwa ry’ingengo y’imari irimo gushorwa mu gisirikare rishimangira ko isi nta mutekano ifite.

Yakomeje ati "Leta zirimo kongera ingufu z’ibisirikare byabyo hashingiwe ku bibazo bihari mu bijyanye n’umutekano, ibintu babona ko bitazacogora mu gihe cya vuba."

Abanditsi b’iyi raporo bavuga ko nko mu Burayi bwo hagati n’iburengerazuba, ingengo z’imari zirimo kuzamurwa ku rwego byakozweho mu gihe cy’intambara y’ubutita.

Mu Burayi bwo hagati, iyi ngengo y’imari mu mwaka ushize ngo yageze kuri miliyari 345$, isumba 30% iyateganyijwe mu 2013.

Ibihugu byagize izamuka riri hejuru ahanini ni ibyadikanyije n’u Burusiya, biyobowe na Finland (36%), Lithuanie (27%), Suède (12%) na Pologne (11%).

Abashakashatsi bavuga ko intambara y’u Burusiya na Ukraine yagize uruhare mu buryo ibihugu byongereye ingego y’imari ya gisirikare mu bihugu byo mu Burayi bwo hagati n’Iburasirazuba.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages