00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibintu byongeye gusubira irudubi hagati ya Amerika n’u Burusiya: Sobanukirwa ibiri kuba (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 November 2025 saa 09:50
Yasuwe :

Ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2025, Perezida Putin yatunguye Isi, atangaza ko igihugu cye cyagerageje intwaro nshya karundura. Nta magambo menshi yavuze, ahubwo yavuze ko “nta yindi ntwaro ihari imeze nk’iyi”. Ni igisasu cya nucléaire gishobora kuraswa na drone ziri mu mazi.

Ni igisasu cyihuta gifite ubushobozi bwo guhindura inzira, bituma gikata ibindi bisasu byaba bigamije kugishwanyuza.

Iminsi itatu ibanza na bwo Putin yari yongeye gutungurana. Icyo gihe na bwo yari yatangaje ko igihugu cye cyagerageje missile iri mu cyiciro cy’izitwa Burevestnik. Ni missile nto, ariko zifite ubushobozi buhambaye.

Ishobora gukoreshwa n’umuntu uri i Kigali ikaba yarasa muri Amerika kuko ifite ubushobozi bwo kugera mu ntera y’ibilometero ibihumbi 14.

Nyuma y’amasaha make ibyo byose bibaye, Trump na we yahise avuga ko Amerika igiye gusubukura ibikorwa byayo byo kugerageza intwaro kirimbuzi ku nshuro ya mbere mu myaka irenga 30. Amerika ntiragerageza ibisasu kirimbuzi kuva mu 1992.

Ibi byose byabaye nyuma y’uko Trump yari aherutse gusubika inama yagombaga kugirana na Putin ikabera i Budapest muri Hongrie.

Kuyisubika byakurikiwe no gufatira ibihano u Burusiya mu bijyanye n’ingufu, ibintu byahinduye imiterere y’umubano w’ibihugu byombi.

Aka gatotsi kose kaje kubera intambara ya Ukraine n’u Burusiya.

Kurikira iki cyegeranyo usobanukirwe ibiri kuba mu mubano wa Amerika n’u Burusiya kubera intambara yo muri Ukraine ku buryo umwuka ukomeje gututumba ku kigero kitari cyitezwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages