00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitaro byo mu Bushinwa byemeye ko byanduje abarwayi batanu Sida

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 9 February 2017 saa 07:04
Yasuwe :

Ibitaro byo mu Ntara ya Zhejiang mu Bushinwa, byemeye ko byanduje Virus ya Sida abarwayi batanu biturutse ku kwifashisha ibikoresho byavuriweho abandi.

Abayobozi b’ibyo bitaro batangaje kuri uyu wa Kane ko byakozwe ku bw’impanuka biturutse ku kwibeshya kw’abaganga.

Inkuru ya BBC ivuga ko Ikigo gishinzwe gukumira indwara cyemeje ko abamaze kumenyekana ari batanu ariko ntikiratangaza umubare nyakuri w’abandujwe bose n’indwara bavurwaga muri icyo gihe.

Ubuyobozi bw’intara bwavuze ko bwamenyeshejwe iby’ayo makosa ku wa 26 Mutarama uyu mwaka.

Abandujwe ngo bazahabwa ubuvuzi ndetse n’indishyi nk’uko ubuyobozi bwabitangaje.

Mu myaka 20 ishize ubuvuzi butujuje ibisabwa n’amabwiriza adashinga byatumye abatari bake banduzwa Virusi itera Sida mu Bushinwa.

Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara mu 2015, cyigaragaza ko abantu basaga ibihumbi 500 bandujwe Sida mu mpera za 2014.

Abashinwa bakorewe ubukangurambaga ku kumenya uko Sida yandura n'uburyo bwo kuyirinda mu myaka ya vuba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages