00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitero by’u Burusiya byasenye inzu zituwemo, bikomeretsa benshi muri Ukraine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 July 2026 saa 12:10
Yasuwe :

Inzego z’ubuyobozi zatangaje ko Ibitero by’ingabo z’u Burusiya byakomerekeje abantu benshi ndetse byangiza bikomeye inzu zo guturamo mu mijyi yo mu burasirazuba bwa Ukraine

Mu mujyi wa Zaporizhzhia uherereye mu majyepfo y’iburasirazuba bwa Ukraine, ibisasu bitanu biyoborwa n’ikoranabuhanga byibasiye inzu zo guturamo ndetse n’ikigo cy’ubuvuzi, bikomeretsa abantu 15.

Guverineri w’ako karere, Ivan Fedorov, yavuze ko ibyo bisasu byangije bikomeye inyubako z’amacumbi, ndetse ashyira hanze amafoto agaragaza ibyangiritse.

Zaporizhzhia imaze iminsi yibasirwa cyane n’ibitero by’u Burusiya. Aka karere ni kamwe mu turere tune u Burusiya bwiyometseho nyuma y’amezi arindwi intambara itangiye muri Gashyantare 2022, nubwo ingabo za Ukraine zigifite ibice byinshi byako zigenzura.

Muri Sloviansk, umwe mu mijyi ikomeye u Burusiya bushaka kwigarurira mu karere ka Donetsk mu burasirazuba bwa Ukraine, ibisasu bibiri byakomerekeje abantu 14 ndetse byangiza inyubako zirindwi z’amacumbi.

Guverineri wa Donetsk, Vadym Filashkin, yavuze ko igice cy’inyubako imwe cyasenyutse burundu kubera ibyo bitero.

Nubwo abayobozi ba Ukraine batangaje ibyangijwe n’ibitero, Reuters yavuze ko itabashije kugenzura ayo makuru.

U Burusiya na Ukraine byombi bihakana ko bigaba ibitero ku bikorwaremezo bya gisivili mu ntambara imaze imyaka irenga ine ikomeje hagati y’ibihugu byombi.

Ibitero by'u Burusiya byakomerekeje benshi mu bice binyuranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages