Ibi byatangajwe ku wa 2 Kanama 2025, nyuma y’ibitero bya drone Ukraine yagabye mu ijoro ryo ku wa 1 Kanama 2025.
Ubuyobozi bwagaragaje ko ibi bitero byibasiye ibice by’inganda cyane n’ibice bituwe n’abaturage, aho byangije inzu, bitwika imodoka n’ibindi bikorwaremezo.
Guverineri w’agateganyo w’Intara ya Rostov yavuze ko igisirikare cyakoze akazi gakomeye ko guhanura drone zateye mu turere turindwi two mu Burusiya.
Yagize ati “Igisirikare cyakoze akazi gakomeye nijoro ko guhanura ibitero bya drone byari byagabwe ku Burusiya.”
Igisirikare cy’u Burusiya cyavuze ko muri iryo joro bahanuye drone za Ukraine 112.
Ibi bibaye mu gihe u Burusiya buherutse gutangaza ko bumaze gufata uduce tumwe na tumwe tw’intara ya Dnipropetrovsk yo muri Ukraine n’ubwo Ukraine yahakanye ayo makuru.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!