Kuva Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), zagaba ibitero bikomeye ku mutwe w’abarwanyi bakomoka mu Burundi (FNL)baba mu Burasirazuba bwa Congo, abantu barenga ibihumbi bibiri bavuye mu byabo bahungira Uvira.
Nk’uko tubikesha OKAPI, izi mpunzi zahungiye muri Uvira mu duce twa Kakuku na Kihuha muri kilometero 200 mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Bukavu.
Umuvugizi wa Sosiyete Sivile yo muri Uvira, Joël Muterekwa, yatangaje ko izi mpunzi zimwe ziri kubaho mu buzima bukomeye, kuko bamwe barara ku gasozi, kandi ari mu gihe cy’imvura ikaze.
Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko imiryango imwe y’impunzi iri gutungwa n’abaturage bayakiriye.
Ibitero byagabwe ku nyeshyamba za FNL ku wa Mbere tariki 5 Mutarama 2015, nyuma y’amasaha make ingabo za MONUSCO n’iza Leta ya Congo zari zirimo kubyina intsinzi, zivuga ko zasenye ibirindiro by’inyeshyamba za FNL.
Ibyo bitero ariko, ingabo za Loni zavuze ko bigomba no guha isomo umutwe wa FDLR wanze gushyira intwaro hasi ku neza.



















TANGA IGITEKEREZO