Mu mujyi wa Paris, icyayi cy’u Rwanda kigaragara mu maguriro akomeye kandi kikagurwa cyane.
IGIHE yasuye Umunyarwandakazi Claudette Gallois Murekatete wiyemeje kumenyekanisha iki gihingwa, ahagarariye ikigo cya Sorwathé gikorera mu Majyaruguru y’u Rwanda.
Gallois avuga ko yatangiye ubucuruzi bw’icyayi mu 2009. Kuri ubu akiranguza mu maguriro atandukanye arimo Maison Le parti du thé iri hagati mu Mujyi wa Paris, na Dammann Frère iri mu gace ka Paris IV/Place des Vogues kazwimo ibicuruzwa byo ku rwego rwo hejuru.
Claudette Galois anakorana na Maison Anbassa icuruza ikawa y’u Rwanda mu karere kari mu birometero 60 uvuye i Paris. Uyu Munyarwandakazi kandi yitabiriye imurikagurisha ryiswe 1er Salon du Livre, amurika icyayi n’ikawa by’u Rwanda birakundwa cyane.
Ashimishwa n’uburyo Abafaransa n’abandi banyamahanga bakunda cyane icyayi cy’u Rwanda, agasaba Abanyarwanda baba mu mahanga kucyamamaza no kugicuruza aho bari.
Yagize ati “ Nifuza rwose ko icyayi cyacu cyakomeza kugira no gutanga isura nziza ku Isi hose n’abanyarwanda bakagicuruza mu mahoteli meza arimo akora mu gihugu n’ahandi hose mu Burayi cyangwa muri Amerika twese tube koko abambasaderi b’igihugu cyacu mu byo dushoboye. Kandi tugashyigikirana aho turi hose muri ibi bihugu dutuyemo mu mahanga.”
Claudette Gallois Murekatete anezezwa no kumva abanyamahanga bashishikariye kumenya amateka y’u Rwanda bivuye ku buryohe bw’icyayi cy’u Rwanda.
Bimuha amahirwe yo kubona uko ababwira iterambere igihugu cyagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, akanasobanurira Abafaransa uruhare rwa bamwe mu bayobozi babo muri Jenoside.
Ati “Nubwo abayobozi bamwe b’ u Bufaransa bagize uruhare mu byabaye mu Rwanda mu myaka ishize, Abafaransa basanzwe bagomba kubimenya bityo iyo muganiriye birababaza kuko baba batabizi.”
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu Mahanga Ibikomoka ku buhinzi n’Ubworozi, NAEB, kivuga ko gifite intego y’uko icyayi cyoherezwa mu mahanga kizinjiza miliyoni 94.9 mu mwaka wa 2018.
Kugira ngo iyi ntego igerweho, NAEB yashyizeho uburyo bushya bwo kwita ku mababi y’icyayi mu rwego rwo kongera agaciro n’ubwiza bwacyo.
NAEB ivuga ko Pakistan igura icyayi cy’u Rwanda ku kigero cya 51%; u Bwongereza bugura 17% by’icyoherezwa hanze cyose , Misiri igura 16% naho Yemen igatwara ikingana na 15.6%.



















TANGA IGITEKEREZO