Perezida Trump yatangiye gusaba ko Amerika yahagarika urujya n’uruza rw’Abayisilamu muri Amerika ubwo yiyamamarizaga kuyiyobora, avuga ko aribwo buryo bwiza bwo gukumira ibikorwa by’ubwiyahuzi n’iterabwoba.
Icyo gihe yasabaga ko ku ikubitiro hakumirwa abantu bava mu bihugu by’Abarabu cyane Iran, Iraq, Libya, Somalia, Sudani, Syria na Yemen gusa, byanenzwe na benshi bavuga ko byaba ari ivangura ndetse n’inkiko zo muri iki gihugu zibitesha agaciro.
France24 dukesha iyi nkuru, yatangaje ko nyuma y’igitero cyagabwe mu Murwa Mukuru w’u Bwongereza, Londres, mu mpera z’icyumweru gishize kigahitana abantu icumi harimo n’abakigabye, abandi 48 bagakomereka, Trump akoresheje Twitter, yagaragaje ko bikwiye ko hashyirwaho ingamba zihamye zo guhangana n’ibitero by’ubwiyahuzi binyuze mu gukumira Abayisilamu.
Yagize ati “Dukeneye kugaragara neza, kuba maso no kwihagararaho. Dukeneye ko Inkiko zidusubiza uburenganzira bwacu. Dukeneye gushyiraho ingamba zo gukumira ingendo nk’uburyo buhamye bwo gucunga umutekano wacu.”
Nyuma y’akanya gato, yanditse ubundi butumwa bugira buti “Amerika yiteguye gukora igishoboka cyose cyafasha Londres n’u Bwongereza. Turiteguye kandi turi kumwe namwe. Imana ibahe Umugisha.”
Muri Mutarama, Umuyobozi w’Umujyi wa Londres, Sadiq Khan, usanzwe ari n’umuyisilamu, yari yateye utwatsi igitekerezo cya Trump cyo gukumira abinjira muri Amerika, abyita ko biteye isoni ndetse ko ari bibabaje.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru Trump n’abo bafatanya basabye Urukiko rw’Ikirenga muri iki gihugu kongera guha agaciro icyemezo cyo gukumira abantu baturutse mu bihugu bitandatu byiganjemo abayisilamu ndetse n’izindi mpunzi zituruste hirya no hino ku isi, bwemeza ko igihe byaba bishyizwe mu bikorwa byazatuma Amerika igira umutekano.



















TANGA IGITEKEREZO