00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikindi gitero cyagabwe ku Ngoro Ishinga Amategeko ya Amerika gihitana umupolisi

Yanditswe na Ndahayo Emmanuel
Kuya 3 April 2021 saa 08:22
Yasuwe :

Mu ijoro ryakeye, Noah Green, umusore w’imyaka 25, yatwaye imodoka ye ku muvuduko ukabije ayiboneza ku bapolisi babiri barinda Ingoro Ishinga Amategeko ya Amerika, izwi nka ‘Capital Hill’.

Williams Evans wari umaze imyaka 18 mu gipolisi, yahise yitaba Imana ari kujyanwa kwa muganga, mu gihe mugenzi we bari kumwe ku burinzi akiri kwitabwaho n’abaganga.

Akimara kugonga bariyeri, Green yasohotse mu modoka ye yiruka agana ku bandi bapolisi afite icyuma, mbere yo kuraswa agapfira aho.

Perezida Joe Biden yavuze ko “yababajwe n’igitero cyagabwe ku Ngoro Ishinga Amategeko”, ndetse anategeka ko idarapo rya Amerika ku Biro bye ryururutswa, anaboneraho umwanya wo kwihanganisha umuryango wa Evans.

Ku bw’amahirwe, iki gitero cyabaye abadepite n’abasenateri badahari kuko bagiye mu biruhuko bya Pasika, ariko abavuganye na CBS News bavuze ko “batewe ubwoba no gukorera ahantu hatewe ibitero bibiri byikurikiranya mu gihe gito”.

Ikindi gitero cyaherukaga ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika cyagabwe ku wa 6 Mutarama n’abari bashyigikiye Perezida Donald Trump wasimbuwe na Biden, gihitana abantu batanu nabwo barimo umupolisi.

Nyuma y’icyo gitero, Polisi ya Leta ya Washington D.C yongereye umubare w’abapolisi bakora mu ishami rishinzwe kurinda iyo ngoro ndetse bongererwa ibikoresho n’imyitozo kugira ngo ubushobozi bwo kurinda iyi nyubako iri mu zifite amateka akomeye ku Isi bwiyongere.

Hanubatswe kandi inkuta nyinshi, hongerwa ibyuma bisaka na za bariyeri ku miryango ndetse hashyirwaho za senyengi, ku buryo urugendo rwo gusakwa kuva ku muryango wa mbere kugera mu Ngoro imbere rutacyorohera umuntu udasanzwe akoramo.

FBI yamaze gutangaza ko iri gufatanya na Polisi ishinzwe kurinda Ingoro kugira harebwe niba iki gitero cyaba gifitanye isano n’iterabwoba cyangwa ari igitero gisanzwe.

Mu butumwa yari aherutse gushyira kuri Facebook, Green wagabye igitero yari yavuze ko yaretse akazi ke kugira ngo yite ku iterambere ry’imyizerere ye mu by’iyobokamana.

Williams Evans, ''umupolisi wagiraga ubuntu cyane'', yaguye muri iki gitero
Imodoka yarimo Green yagonze bariyeri mbere y'uko Green araswa
Noah Green yapfiriye mu gitero yagabye ku Ngoro Ishinga Amategeko ya Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages