Nk’uko Sky Sports yabitangaje, iki kibazo cyatumye umukino wari ugiye guhuza Borussia Dortmund na As Monaco yo mu Bufaransa muri ¼ cy’irushanwa rya UEFA Champions League uhita usubikwa, wimurirwa ejo ku wa Gatatu saa mbiri na 45.
Uyu mukino wagombaga kubera ku kibuga Signal Iduna Park cya Dortmund.
Itangazo polisi yo muri uwo mujyi rigira riti “Ibimaze kumenyekana ni uko ikirahuri cy’imodoka cyangiritse umuntu umwe agakomereka. Kugeza ubu ntabwo birashoboka ko tumenya ngo ni iki mu by’ukuri cyaturitse.”
Ikipe ya Dortmund yemeje ko Marc Bartra w’imyaka 26 yajyanwe mu bitaro nyuma yo gukomereka ku kuboko, ubu akaba ari kwitabwaho mu bitaro.
Gusa ngo uku guturika ntabwo kwagize ingaruka ku bafana bari bageze mu kibuga, ari nayo mpamvu umukino wimuwe ugashyirwa hafi bishoboka.



















TANGA IGITEKEREZO