The East African yanditse ko ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Dr Alfred N. Mutua, mu ibaruwa yashyize hanze kuri uyu wa 27 Nyakanga 2023.
Ati ‘‘Ubu hari imbogamizi mu ikoranabuhanga rihuza guverinoma n’abaturage. Ni ku bw’iyo mpamvu, abakora ingendo ziva hanze y’igihugu bazajya baherebwa visa ahinjirirwa hose.”
Ikoranabuhanga rya Leta ya Kenya ryatangirwagaho serivisi zisaga 5,000 ziyihuza n’abaturage harimo na E-Visa, ryinjiriwe n’abajura gusa leta yatangaje ko nta makuru yigeze yibwa.
Ibi bibaye nyuma y’uko itsinda ryo mu Gihugu cya Sudani ryiyise iritazwi ryigambye kuba ari ryo ryinjiye mu ikoranabuhanga rya Guverinoma ya Kenya, mu kuyiha gasopo yo kureka kwinjira mu buzima bwite bw’Igihugu cya Sudani.
Iryo tsinda ryanavuze ko ryanateganyaga kwinjira mu ikoranabuhanga rya Mobile Money ryifashishwa hohererezanywa amafaranga, irya E-Banking ndetse n’irindi ritandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!