Aya makuru yagiye anyomozwa na benshi mu bayobozi b’uyu mutwe babajijwe n’itangazamakuru, bavuze ko kimwe n’ikindi gisirikare, abarwanyi ba Leta ya Kiyisilamu na bo babona umushahara wa buri kwezi.
Abayobozi ba Leta ya Kiyisilamu batangaje ko umusirikare muto ahembwa amadorali ya Amerika ari hagati ya 100 na 150 ku kwezi, mu gihe abatari abasirikare bashinzwe indi mirimo bahembwa amadorari 50.
Biravugwa kandi ko abarwanyi b’uyu mutwe muri Siriya bahembwaga amadorali 400 bazajya bahembwa 200 ku mwezi, abahembwa hagati y’amadorali 100 na 150 bazajya bahembwa amadorali 50 .
Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa,RFI, yatangaje ko hari amadolari 50 atangwa ku mugore umwe ku musirikare ufite abagore bagera kuri bane ndetse n’amadorari 35 ku mwana umwe mu gihe umucakara wabo bamwishyurira amadorari 35.
Hatangwa kandi agahimbazamusyi kangana n’amadolari ari hagati ya 1000 na 1500 ahabwa abakoresheje ubukwe n’ibiryo byishyurwa amadorari 35.
Hari ayandi mashimwe atangwa mu gihe batsinze urugamba, aho nko muri Kamena 2014 nyuma yo gutsinda urugamba rwa Mossoul buri musirikare yagiye ahabwa amadorari 2000, ndetse iyo mishahara yose itangirwa igihe.
Hashize umwaka iyo mishahara izamuwe ho gato nyuma y’aho yari yagabanijwe hirindwa ko abarwanyi bakwigira mu kwinezeza bakibagirwa urugamba.



















TANGA IGITEKEREZO