00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika ihangayikishijwe n’indege z’igisirikare cya Venezuela zagaragaye hafi y’ubwato bwayo

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 5 September 2025 saa 04:17
Yasuwe :

Minisiteri y’Ingabo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko indege ebyiri za gisirikare za Venezuela zagaragaye hafi y’ubwato bw’intambara bwa Amerika.

Iyi Minisiteri yatangaje ko iki gikorwa kigaragaza ubushotoranyi Venezuela iri gukora kuri Amerika, kuko impande zombi zisa nk’aho zihanganye.

Ibi byabaye nyuma y’aho ingabo za Amerika tariki ya 2 Nzeri 2025 zirashe ubwato bwari mu mazi mpuzamahanga, butwaye ibiyobyabwenge bwerekeza i Washington.

Abagera kuri 11 bo muri Venezuela bacuruza ibiyobyabwenge bapfiriye muri iki gitero, Trump aburira abandi bagerageza kujyana ibiyobyabwenge muri Amerika.

Trump kandi ashinja Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, uruhare rukomeye mu gucuruza ibiyobyabwenge. Yasezeranyije uzatanga amakuru yatuma afatwa ko Amerika izamuha miliyoni 50$.

Amerika yagaragaje ko kohereza izi ndege hafi y'ubwato bwayo ari ubushotoranyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages