Umugaba Mukuru w’Ingabo za Indonesia, Gen Maruli Simanjuntak, yavuze ko batangiye guha imyitozo aba basirikare kandi ko bazibanda ku mirimo y’ubuvuzi n’ubwubatsi muri Gaza.
Indonesia iherutse kwinjira muri Board of Peace, urwego rwashyizweho na Perezida Donald Trump, rufite inshingano zo guhagarika intambara yo muri Gaza no gukemura izindi ntambara n’amakimbirane hirya no hino ku Isi.
Biteganyijwe ko inama ya mbere ya Board of Peace izabera i Washington ku wa 19 Gashyantare 2026, igamije kurebera hamwe guverinoma nshya y’Abanya-Palestine muri Gaza ndetse n’iyubakwa ry’aho nyuma y’intambara.
Igihe nyacyo ingabo za Indonesia zizagerera muri Gaza n’icyo gutangira inshingano ntikiratangazwa ariko byemejwe ko Perezida Prabowo Subianto yamaze gufata icyemezo cyo kubohereza.
Perezida Prabowo yavuze ko nk’igihugu kinini cy’Abayisilamu ku Isi, Indonesia ikwiye kugira uruhare mu kugarura ituze muri Gaza.
Ibindi bihugu by’Abayisilamu nka Turikiya na Pakistan na byo biri guteganya kohereza ingabo zabyo muri Gaza ariko byatangaje ko zizaba ari izo kubungabunga amahoro gusa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!