Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Meutya Hafid, agaragaza ko iri tegeko ritazatangira kujya mu bikorwa ku wa 28 Werurwe 2026 aho bizatangira n’imbuga nka YouTube, Tiktok, Facebook, Instagram, Threads, X, Bigo Live na Roblox.
Ati “Abana bacu bakomeje guhura n’ibibahungabanya byinshi uhereye ku kwerekwa amashusho y’urukozasoni, ihohoterwa ryo ku mbugankoranyambaga, gutuburirwa kugeza ku bubata, kandi ni ikibazo gikomeye. Guverinoma igiye kubikemura mu rwego rwo gufasha ababyeyi guhangana n’ibi bibazo.”
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ishami rya Loni ryita ku bana, UNICEF, bwagaragaje ko kimwe cya kabiri cy’abana bakoreweho ubushakashatsi muri Indonesia bari barabonye amashusho y’urukozasoni ,ku mbuga nkoranyambaga.
Ni inkuru ababyeyi bakiriye neza kuko bagaragaza ko bahugira mu mirimo bashakisha imibereho bigoye ko bacunga ibyo umwana areba byose nk’uko Amanda Kusumo yabivuze.
Ati “Nk’umubyeyi w’abana babiri ukora nta mwanya uhagije ngira wo guhora ndeba ibyo abana banjye bari gukora mu Isi y’imbuga nkoranyambuga. Amabwiriza nk’aya ya guverinoma agiye kugabanya impungenge z’ababyeyi.”
Kugeza ubu imbuga zose ntiziragira icyo zibivugaho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!