00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingabo za Israel zateguje ibitero karundura kuri Gaza

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 8 September 2025 saa 12:58
Yasuwe :

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko iki gihugu gifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n’umutwe wa Hamas bamaze imyaka irenga ibiri bari mu ntambara imaze guhitana ibihumbi by’abantu ku mpande zombi.

Ibi yabigarutseho ku wa 8 Nzeri 2025. Abinyujije ku rubuga rwa X, yaburiye abatuye uyu mujyi ko hari ibitero bikomeye bishobora gusenya inyubako ndende ziwugize bikanakangaranya umutwe wa Hamas.

Ati “Uyu munsi, ibitero bikomeye biribasira ikirere n’umujyi wa Gaza ndetse n’ibisenge by’imiturirwa biraza gukangarana.”

Yakomeje asaba Hamas ko kugira ngo ibyo bitabaho ikwiriye gushyira intwaro hasi ndetse ikanarekura imbohe z’Abanya-Israel zashimuswe zikajyanwa muri Gaza.

Ati “Murekure imbohe kandi mushyire hasi intwaro cyangwa umujyi wa Gaza uzagirwe umuyonga kandi namwe murimburwe.”

Ku wa 7 Ukwakira 2023 ni bwo umutwe wa Hamas wagabye ibitero kuri Israel, abagera kuri 1.200 bahasiga ubuzima na ho abarenga 250 bafatwa bugwate.

Ibi byatumye Israel igaba ibitero simusiga kuri Gaza. Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza igaragaza ko Abanya-Palestine barenga ibihumbi 64 bamaze kugwa muri iyi ntambara imaze imyaka irenga ibiri iri kuba.

Minisitiri w'Ingabo wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko umujyi wa Gaza bazawusenya mu gihe Hamas itarekuye imbohe yashimuse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages