00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inteko Ishinga Amategeko yatoye umwanzuro usaba ko inyandiko zijyanye na Epstein zishyirwa hanze

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 19 November 2025 saa 11:53
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatoye yemeza ko Minisiteri y’Ubutabera igomba gushyira ahagaragara inyandiko zose z’ibanga zijyanye na Jeffrey Epstein.

Jeffrey Epstein yari umunyemari ukomeye watawe muri yombi mu 2019 akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo gucuruza abana bato hagambiriwe kubashora mu busambanyi.

Epstein yapfiriye muri gereza nyuma y’ukwezi bivugwa ko yiyahuye nubwo benshi batabyemeye kuko bacyemeza ko yishwe kugira ngo hatagira amabanga amuvamo, akandagaza bamwe mu bayobozi bakomeye ku Isi bivugwa ko bakoranaga.

Hagiye hasohoka inyandiko zitandukanye zigaragaza ko bamwe mu bayobozi babigizemo uruhare, ariko zose ntabwo zirajya hanze ngo ukuri kose kumenyekane.

Ku wa 17 Ugushyingo 2025, Perezida Donald Trump na we ukunze kuvugwaho kuba yari afitanye umubano n’uyu mugabo, yavuye ku izima, asaba abo mu Ishyaka ry’Aba-Republicain kwemeza ko inyandiko zose zajya hanze.

Ati “Njye ntacyo bimbwiye kuko nta cyo dufite cyo guhisha.”

Iki cyemezo cyatowe ku majwi 427. Nyuma abadepite 218 bari bamaze kugishyiraho umukono.

Hatangajwe ko inyandiko zigiye koherezwa muri Sena ya Amerika kuko ari yo izemeza ibizakurikira.

Hemejwe ko kandi Minisiteri y’Ubutabera ikomeza kubika izi nyandiko z’ibanga ni ba kuzishyira hanze bishobora kubangamira iperereza rigikorwa kuri iki kibazo.

Nubwo hagiye hasohoka inyandiko zijyanye na Epstein, harimo n’izirenga 20.000 zasohowe mu Ugushyingo 2025, izirimo amakuru y’ingenzi yatuma abafatanyije na we bagaragara ziracyari ibanga.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Aba-Democrates bashyize hanze amakuru yagaragazaga ko Trump yari azi iby’aba bakobwa basambanywaga, ariko asubiza ko ahubwo hakwiriye gukorwa iperereza ritomoye ku Ba-Democrate bakomeye barimo na Bill Clinton wayoboye Amerika kuva mu 1993 kugeza mu 2001.

Inteko Ishinga Amategeko yatoye icyemezo gisaba ko inyandiko zose zijyanye na Epstein zishyirwa hanze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages