Gen Qassem Soleimani yishwe muri Mutarama 2020, yicirwa muri Iraq bikzowe na Amerika yamugabyeho igitero cyifashishije indege zitagira abapilote.
Ni igitero cyarakaje Iran ndetse icyo gihugu kivuga ko kizakora ibishoboka byose kigahorera uwo mugabo wafatwaga nk’inkingi ya mwamba mu butegetsi bwa Iran.
Umuyobozi w’ingabo za Iran zirwanira mu kirere, Amirali Hajizade kuwa Gatanu yavuze ko nubwo Trump yavuye ku butegetsi muri Amerika, bagifite umugambi wo kumuhitana.
Yabitangaje ubwo bamurikaga igisasu gishya gifite ubushobozi bwo kuraswa mu birometero 1650.
Amirali yagize ati “Twizeye ko dushobora kwica Trump, Pompeo na McKenzie ndetse n’umusirikare watanze itegeko [ryo kwica Soleimani]”.
Ubwo Soleimani yicwaga tariki 3 Mutarama 2020, Perezida Donald Trump yishimiye icyo gikorwa, avuga ko ari ukwihorera kwa Amerika ku bitero Iran yagizemo uruhare bigahitana abasirikare ba Amerika bakorera mu karere Iran iherereyemo.
Kuva icyo Iran nayo yatangiye gukubita agatoki ku kandi, ivuga ko izahorera urupfu rwa Soleimani yica Trump n’abandi bayobozi ba Amerika babigizemo uruhare.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!