00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yahize gusubiza ibitero bya Amerika mu buryo bwose

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 June 2026 saa 03:31
Yasuwe :

Umuyobozi ukuriye abari mu biganiro na Amerika ku ruhande rwa Iran, Mohammad Ghalibaf, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye ziteguye gusubiza ibitero bya Amerika nyuma y’uko iki gihugu kigaragaje ko gishobora kwigarurira Umuhora wa Hormuz.

Ibi yabitangaje mu gihe ibiganiro hagati ya Iran na Amerika bikomeje kubera mu Busuwisi, bigamije guhagarika burundu intambara ihanganishije impande zombi. Ibi biganiro byayobowe na Visi Perezida wa Amerika JD Vance n’abahuza barimo Qatar na Pakistan.

Ghalibaf yavuze ko iterabwoba rya Amerika ridashobora gutuma Iran ihindura ibyemezo byayo, anashimangira ko ingabo z’igihugu ziteguye gusubiza mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Ati “Ntibakwiye kwibwira ko dukorera ku iterabwoba rya Amerika. Bashatse bakwitondera ibyo batangaza, ingabo zacu ziteguye gusubiza mu bundi buryo. Ibyo bavuga byose twe tuzakora.”

Ni nyuma y’uko Trump yari amaze kuvuga ko Iran nifunga umuhora wa Hormuz abari mu biganiro batazashobora gusubira mu gihugu cyabo.

Trump yavuze ko mu gihe amasezerano atagerwaho, Amerika izigarurira Hormuz igatangira gusoresha ubwato bw’ibicuruzwa buhanyuzwa buri munsi, burimo ubutwaye ibikomoka kuri peteroli.

Mohammad Ghalibaf ukuriye abo ku ruhande rwa Iran baganira na Amerika yavuze ko ingabo ziteguye gusubiza Amerika mu buryo bwose

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages