00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yavuze ku mugambi wo gushaka kwica umuhungu wa Trump

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 August 2026 saa 08:55
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Iran bwamaganye amakuru avuga ko bwaba bwarateguye umugambi wo kwica umuhungu muto wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, buvuga ko ari ibinyoma.

Umujyanama mu bya gisirikare w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Mohsen Rezaei, yavuze ko amakuru avuga ko igihugu cye cyaba gifite umugambi wo kwivugana Barron Trump, umuhungu wa Perezida Donald Trump, nta shingiro afite. Yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Al Manar yo muri Liban ku wa Kane.

Aya magambo ya Rezaei aje nyuma y’uko hatangajwe amakuru avuga ko hari amashusho yatambukijwe na Televiziyo y’igihugu ya Iran yavugaga ku mugambi ushobora kuba wari ugamije kwica Barron Trump.

Urwego rushinzwe umutekano w’abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Secret Service, rwari rwatangaje ko rwabonye ayo mashusho ndetse ko rwari ruzi ibijyanye n’ayo makuru.

Nubwo ayo makuru yari amaze kuvugwa, ubuyobozi bwa Iran bwakomeje kuyahakana, buvuga ko nta mugambi nk’uwo bwigeze bugira.

Umubano wa Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika umaze igihe urangwa n’ubwumvikane buke, cyane cyane ku bijyanye n’umutekano n’ibibazo bya politiki mpuzamahanga.

Iran yahakanye umugambi wo gushaka kwica Barron Trump, yashinjwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages