Kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmaeil Baqaei, yavuze ko igikorwa cy’u Bufaransa ari igisubizo ku cyemezo Iran yafashe mu buryo bwemewe n’amategeko, avuga ko nta ruhare kigira mu kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Ati “Igikorwa u Bufaransa bwakoze ni icyemezo kinyuranyije n’amategeko gisubiza icyemezo cya Iran cyari gishingiye ku mategeko, kandi nta buryo gifasha umubano w’ibihugu byombi,”
Baqaei aherutse gutangaza ko abadipolomate babiri b’Abafaransa bari barafunzwe igihe gito muri Iran muri Nyakanga bazira ibyo Tehran yise “kwivanga mu bikorwa by’imbere mu gihugu”, batazemererwa gusubira muri Iran.
Nyuma y’icyo cyemezo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot, yavuze ko abadipolomate babiri ba Iran bari mu Bufaransa bazirukanwa, ndetse bihita bishyirwa mu bikorwa.
Barrot yavuze ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gusubiza “imyitwarire itihanganirwa” yagaragarijwe abadipolomate b’Abafaransa bari bafungiwe igihe gito i Tehran.
Ku ruhande rwa Iran, Baqaei yasabye ko Paris yasaba imbabazi kubera ibikorwa by’abadipolomate bayo, avuga ko ibyo bakoze byarenze ku Masezerano ya Vienna agenga imikorere y’abadipolomate.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!