Ntiharamenyekana impamvu y’iyi nkongi yatumye ibice by’iyi nyubako bigwa rugikubita kuko yari yubakishijwe ibikoresho byoroheje.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umukwe n’umugeni babyina mbere y’uko inkongi itangira; ntibizwi niba umukwe n’umugeni na bo bari mu bapfuye.
Rania Waad, wahiye ukuboko yavuze ko ubwo abageni barimo babyina gahoro gahoro, ibishashi by’umuriro byarashwe mu gisenge maze inzu yose ihita itangira gushya.
Abantu babuze uko basohoka kubera umubyigano.
Undi mutangabuhamya warokotse iyi mpanuka yabwiye itangazamakuru ko yaburiyemo benshi bo mu muryango we.
Minisitiri w’Intebe wa Iraq, yatangaje ko yasabye abayobozi gukora ibishoboka byose bakita ku bagizweho ingaruka n’iyi mpanuka.
Guverineri wungirije wa Nineveh, Hassan al-Allaq, yabwiye Reuters ko 113 ari bo byamenyekanye ko bapfuye mu gihe umuryango Red Crescent wavuze ko ko abapfuye n’abakomeretse bose hamwe ari 450.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!