00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ishyaka riri ku butegetsi mu Burusiya ryagaragaje inyota yo gukorana n’ayo muri Afurika

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 5 December 2023 saa 05:07
Yasuwe :

Visi Perezida w’Inama y’Abakomiseri Bakuru mu Ishyaka United Russia, riri ku butegetsi mu Burusiya, Andrey Arkadyevich Klimov, yavuze ko bagiye kwagura umubano n’amashyaka yo muri Afurika hagamijwe iterambere.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Ukuboza 2023, yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru bakorera hirya no hino ku Isi by’umwihariko abo ku Mugabane wa Afurika.

Ni ikiganiro cyagarutse by’umwihariko ku buryo bushya bw’Ubukoloni aho ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi biba bishaka gukoresha imbaraga bifite mu bijyanye n’ubukungu na politiki, kugira ngo ibihugu bya Afurika cyangwa ibikennye bikorere mu kwaha kwabyo.

Andrey Klimov yavuze ko igihugu cye gishyize imbere ubuhahirane n’ubufatanye bukozwe mu bwubahane hagati yacyo n’ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

Ashimangira ko muri iki gihe igihugu cyabo by’umwihariko Ishyaka United Russia, rikomeje gutsura umubano n’amashyaka ari ku butegetsi muri Afurika kandi hari intambwe nziza ikomeje kugenda iterwa.

Ati “Ishyaka ryacu rifitanye imikoranire n’ibihugu bitandukanye byo muri Afurika ndetse tunakorana by’umwihariko n’amashyaka atandukanye muri Afurika.”

Inama mpuzamahanga ihuza ishyaka riri ku butegetsi mu Burusiya, United Russia, n’andi mashyaka ya politike yo muri Afurika, yibanda ku bufatanye mu by’ubukungu bwa Afurika n’umutekano.

Ishyaka United Russia, riyobowe na Perezida Vladimir Vladimirovich Putin, ryashinzwe mu 2001. Riri mu mashyaka akomeye mu Isi.

Andrey Klimov yavuze ko Ishyaka rya United Russia rishyize imbere imikoranire na Afurika mu bwubahane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages