Amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye, ashimangira ko impande zombi zamaze kwemeranya ku ngingo nyinshi ariko ko bizasaba Inama y’Abaminisitiri ya Israel ibyemeza.
Aya masezerano yagizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari nazo zahuje Israel na Hezbollah.
Minisitiri w’Intebe wa Liban, Najib Mikati ndetse na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Nabih Berri baherutse kuvuga ko ibiganiro byagenze neza.
Amerika yifuza ko impande zombi zitanga agahenge k’iminsi 60 nta mirwano, mu gihe hategurwa uburyo bwo kurangiza intambara mu buryo bweruye.
Bivugwa ko Amerika yamenyesheje Israel ko nitemera ibikubiye mu masezerano, icyo gihugu kizayivanamo.
Guhera muri Nzeri nibwo Israel yatangije ibitero muri Liban nyuma yo gukozanyaho bya hato na hato byari bimaze igihe uhereye mu Ukwakira 2023.
Hezbollah yagiye ifasha Hamas kuzonga Israel ari nabyo byatumye icyo gihugu gifata umwanzuro wo gutangiza indi ntambara yiyongera kuyo kurwanya Hamas, byanabanjirijwe no kwirinjirira ikoranabuhanga rya Hezbollah ryifashishwa mu gutumanaho, rizwi nka Pagers.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!