00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yaburiye Elon Musk ushaka kujyana internet muri Gaza

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 29 October 2023 saa 10:14
Yasuwe :

Umushoramari Elon Musk ufite sosiyete itanga internet izwi nka Starlink, yaburiwe na Israel nyuma y’uko agaragaje ko yiteguye kugeza internet ku batuye Gaza.

Kuva ubwo ingabo za Israel zinjiraga muri Gaza, ihuzanzira (connection) rya internet n’irifasha telefone guhamagara ryavuyeho. Byaje biyongera ku guhagarika umuriro w’amashanyarazi, amazi, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi byinjiraga muri Gaza.

Bamwe bahise batangira gusaba Elon Musk waguze urubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter, bamusaba ko yatabara abaturage ba Gaza akabagezaho internet ya Starlink.

Mu kubasubiza, Musk yavuze ko abatuye Gaza ari abaturage nk’abandi bose kandi ko azabafasha bo n’imiryango mpuzamahanga ikorera muri iyo ntara.

Minisitiri w’Itumanaho muri Israel, Shlomo Karhi yahise aburira Musk, avuga ko ibyo ashaka gukora ari ugushyigikira iterabwoba kuko umutwe wa Hamas nubona internet, ngo uzayifashisha mu bikorwa by’iterabwoba.

Yavuze ko nibikorwa Israel izahita ihagarika imikoranire yose na Starlink.

Kuri uyu wa Gatandatu kubona internet cyangwa guhamagara muri Gaza byasaga nk’ibidashoboka kuko iminara yose yahagaritswe. Byatumye imiryango itanga ubuvuzi inanirwa gukora inshingano zayo kuko guhanahana amakuru byari bitagishoboka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages