Halezi yavuze ko Iran niramuka yihoreye, Israel izashwanyaguza uduce tw’ingenzi kuri icyo gihugu tutarashweho mu mpera z’icyumweru gishize.
Mu ijoro rishyira kuwa Gatandatu tariki 26 Ukwakira, nibwo Israel yagabye kuri Iran ibitero by’ibisasu biremereye birashwe n’indege.
Bivugwa ko ibyo bisasu byoherejwe ku bikorwaremezo bikorerwamo intwaro zikomeye za Iran ndetse n’ahandi hari ibikorwa bya gisirikare Iran ikoresha ifasha imitwe irimo Hezbollah na Hamas.
Nyuma y’ibitero, Iran yavuze ko nta kintu gikomeye byangije gusa isezeranya kwihorera.
Ibitero bya Israel byari bikurikiye ibisasu Iran yohereje kuri Israel mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Halevi yavuze ko Iran iramutse yongeye kurasa kuri Israel byaba ari ikosa rikomeye.
Ati “Iran nikora ikosa ikohereza ibindi bisasu kuri Israel, tuzongera tubereke ko tuzi aho Iran iherereye n’uburyo bwo kuyigeraho.”
Yakomeje agira ati “Tuzarasa muri Iran dukoresheje imbaraga tutakoresheje ubushize, dushwanyaguze ahantu n’ibintu tutakozeho ubushize.”
Halevi yavuze ko kurasa kuri Iran bitararangira mu gihe cyose izakomeza gushotora Israel.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!