00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yahagaritse amazi n’umuriro muri Gaza

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 12 October 2023 saa 03:50
Yasuwe :

Leta ya Israel yatangaje ko ibaye ihagaritse amazi, ibikomoka kuri peteroli n’umuriro byoherezwaga mu ntara ya Gaza kugeza igihe umutwe wa Hamas ugenzura iyo ntara uzaba wagaruriye Abanya-Israel bafashwe bugwate.

Kugeza ubu Hamas ifungiye muri Gaza Abanya-Israel basaga 150, ndetse uwo mutwe uherutse kuvuga ko Israel nikomeza kurasa bazajya bica umwe umwe imbonankubone mu itangazamakuru.

Minisitiri Ushinzwe Ingufu muri Israel, Israel Katz, yagize ati “Nta muriro uzongera kuboneka, nta mazi cyangwa ikamyo ya lisansi bizinjirayo kugeza imbohe z’abanya-Israel zigaruwe mu rugo.”

Mu gihe imiryango mpuzamahanga ikomeje gusaba ko Israel ititwaza intambara ngo ihagarike ibyangombwa nkenerwa nk’amazi n’umuriro, Minisitiri Katz yavuze ko nta muntu ukwiriye kubigisha igisobanuro cy’ubumuntu.

Israel ikomeje kurasa ubutitsa kuri Gaza, igamije gushyira igututu kuri Hamas ngo irekure abo yafashe bugwate no guca intege uwo mutwe umaze iminsi itandatu ugaba ibitero kuri Israel.

Israel ikomeje kurasa kuri Gaza mu guca intege umutwe wa Hamas

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages