Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Yoav Gallant, yavuze ko intambara nisozwa, Palestine nta bubasha bwinshi izaba ifite kuri Gaza kandi ko Ingabo za Israel zizakomeza gucunga umutekano wo muri iyo ntara yari imaze imyaka 15 iyoborwa n’Umutwe wa Hamas.
Gallant yavuze ko Abanya-Gaza bazakomeza guhabwa uburenganzira bwo kwitwa Abanya-Palestine mu gihe cyose bazaba batabangamiye umutekano wa Israel.
Mu mezi asaga abiri ashize intambara ikomeje, byinshi mu bikorwa remezo bya Gaza byarasenywe. Gallant yavuze ko hazabaho kongera kubaka ibyangiritse ku bufasha bw’amahanga.
Gallant atangaje ibi mu gihe amwe mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Benjamin Netanyahu yasabaga ko habaho kwimura abatuye muri Gaza bose, bagashakirwa ibindi bihugu bajyamo hanyuma Israel igatangira gutuza abaturage bayo muri Gaza.
Ni igitekerezo cyamaganiwe kure n’ibihugu byo mu Karere Israel iherereyemo ndetse birimo n’iby’inshuti z’akadasohoka za Israel.
Gallant kandi yavuze ko ibitero by’Ingabo za Israel bigiye gukomeza muri Gaza, cyane cyane mu Majyaruguru aho intego ari ugushwanyaguza inzira zo munsi y’ubutaka Hamas yifashisha itegura ibitero.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!