Ibitero bya Israel byibasiye ibigega bibikwamo peteroli ndetse n’igice cy’Ibiro bya Minisitiri y’Ingabo, aho Israel yavuze ko yagabye ibyo bitero kuko aho hantu hombi habera ibikorwa bifitanye isano na gahunda yo gukora intwaro kirimbuzi.
Iran ntiyatindijemo kuko yahise irasa muri Israel, mu mijyi nka Haifa, Bat Yam na Tel Aviv. Muri rusange abantu 10 bamaze kwitaba Imana mu gihe abandi barenga 180 bakomeretse, abagera kuri barindwi bakaba bagishakishwa mu bisigazwa by’inyubako zasenyutse.
Hagati aho, ikirere cya Iran kiracyafunze mu gihe ikibuga cy’indege cya Ben Gurion muri Israel nacyo gifunze. Impande zombi kandi zikomeje gutera amagambo, aho Israel yahakanye amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Iran, avuga ko Iran iri gukoresha misile zikomeye, zirimo izifite umuvuduko uruta uw’ijwi.
Israel kandi yavuze ko yahanuye ’drones’ zirindwi zarashwe na Iran, mu gihe byitezwe ko iki gihugu nacyo kiri gutegura ibindi bitero simusiga bishobora kwangiza ibikorwaremezo byinshi bya Iran.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!