Ku wa Kabiri ni bwo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongere, Keir Starmer, ashyizweho igitutu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, yatangaje ko u Bwongereza bushobora kuzemera Leta ya Palestine muri Nzeri.
Netanyahu yamaganiye kure icyo cyemezo, ashinja Starmer guha ishingiro ibikorwa by’umutwe wa Hamas ndetse no guharurira inzira "leta y’aba-jihadist" ishobora kuzashyira mu kaga Israel ndetse n’u Bwongereza ubwabwo.
Yagize ati "Korohera ibyihebe by’aba-jihadist buri gihe nta cyo bitanga, n’ubu ngubu ntibizigera bibaho."
Netanyahu ndetse n’abandi bayobozi muri Israel bakomeje kwamaganira kure igitekerezo cy’uko hashyirwaho ibihugu bibiri, Israel na Palestine, ndetse yakomeje kwimurira abaturage bayo mu bice bitandukanye bya Palestine yigaruriye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!