Ku wa Kabiri ubwo yari mu Kanama k’Umutekano ka Loni, Guterres, yanenze umwanzuro wa Israel wo gusaba abaturage ba Gaza kwimukira mu Majyepfo, kugira ngo ibone uko igaba ibitero.
Yavuze kandi ko nubwo Hamas yagabye igitero kuri Israel tariki 7 Ukwakira, atari ibintu byapfuye kwizana, ashaka kumvikanisha ko abagize Hamas na Palestine muri rusange, bafite impamvu zo kwivumbura.
Ni amagambo yarakaje Israel cyane ndetse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Eli Cohen, asubika inama yagombaga kumuhuza na Guterres.
Erdan yavuze ko kubera iyo mpamvu, abakozi ba Loni batazongera guhabwa viza zigana muri Israel.
Ati “Kubera amagambo ye, ntabwo tuzongera guha Viza abahagarariye Loni. Twamaze kwima Viza Umunyamabanga wa Loni wungirije Ushinzwe Ubutabazi, Martin Griffiths.”
Yavuze ko amagambo ya Guterres agaragaza gushyigikira ubwicanyi n’iterabwoba. Ati “Agahinda Abanya-Palestine baba bafite uko kangana kose, ntabwo gakwiriye gusobanura igitero ndengakamere cya Hamas.”
Israel kandi yatangiye gusaba Guterres kwegura ku bw’ayo magambo yavuze.
Intambara hagati ya Hamas na Israel imaze guhitana Abanya-Palestine basaga 5800 mu gihe abo muri Gaza basaga 1400.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!