00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yemeje Somaliland nk’igihugu cyigenga

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 26 December 2025 saa 08:51
Yasuwe :

Guverinoma ya Israel, yatangaje ku mugaragaro ko yemeye Somaliland nk’igihugu cyigenga na Leta igomba kubahirwa ubusugire bwayo.

Itangazo ryashyizwe ku rukuta rwa X rw’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, ku wa 26 Ukuboza bugaragaza ko iki gihugu cyatangaje ku mugaragaro ko cyemeye Somaliland nka Leta yigenga.

Buti “Minisitiri w’Intebe, Netanyahu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sa’ar na Perezida wa Repubulika ya Somaliland basinye itangazo rihuriweho.”

Ubusanzwe Somaliland yari igihugu cyigenga kiyoborwa n’Abongereza mu myaka ya 1800.

Iki gihugu cyiyometse kuri Somalia mu 1960 ubwo cyigobotoraga ubukoloni bw’Abongereza.

Ubutegetsi bwa Siad Barre wayoboye iki gihugu guhera mu 1969 ni bwo bwabaye imbarutso yo kongera gutandukana kw’ibi bihugu byombi kuko ubutegetsi bwe bwaranzwe n’imvururu, igitugu, n’imfu z’abantu benshi muri iki gihugu cyane cyane abo muri Somaliland.

Ibi byatumye mu 1980 havuka umuryango wa SNM (Somali National Movement) wari ugamije guhangana n’ubutegetsi bwa Siad Barre no kurengera uburenganzira bw’Abanya-Somaliland.

Uyu muryango wagiye ukura ndetse mu 1991 wahiritse Barre ku butegetsi ari na bwo wahise utandukanya Somalia na Somaliland igira Somaliland igihugu cyigenga.

Kuva icyo gihe cyabaye igihugu cyigenga kigira ifaranga ryako, gitanga pasiporo yihariye ndetse gitora abayobozi ba guverinoma yacyo ariko haracyari ibihugu byinshi bitacyemera nk’igihugu ukwacyo ari byo byatumye gakomeza gukena no guhabwa akato.

Kugeza ubu ibihugu birenga 35 ni byo bifata Somaliland nk’igihugu cyigenga.

Israel yemeje ko Somaliland ari igihugu cyigenga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages