00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yigambye kwica Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Hezbollah

Yanditswe na Uwimana Abraham
Kuya 23 November 2025 saa 11:36
Yasuwe :

Israel yatangaje ko kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Ugushyingo 2025, yivuganye Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Hezbollah, Haytham Ali Tabatabai, mu gitero cy’indege yagabye mu Murwa Mukuru wa Libani, Beirut, ku nyubako yo guturamo, ibintu ubutegetsi bwa Libani bwavuze ko ari ukurenga umurongo utukura.

Minisiteri y’Ubuzima ya Libani yavuze ko iki gitero cyagabwe i Beirut nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, avuze ko igihugu cye “kizakora ibikenewe byose” kugira ngo kibuze uyu mutwe [Hezbollah] ufashwa na Iran kongera kwisuganya.

Iki gitero cyahitanye abantu batanu gikomeretsa abandi 28. Israel yemeje ko n’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Hezbollah, Haytham Ali Tabatabai, ari mu bahitanywe n’icyo gitero.

Haytham Ali Tabatabai ni we muyobozi mukuru wa Hezbollah wo ku rwego rwo hejuru kurusha abandi bose umaze kwicwa na Israel kuva hashyirwaho agahenge mu Ugushyingo 2024, kagamije gushaka inzira zo gushyira iherezo ku ntambara imaze umwaka urenga hagati ya Israel na Hezbollah.

Minisiteri ntiyatangaje amazina y’abandi bahitanywe n’icyo gitero cyabereye mu gace ka Haret Hreik, mu burasirazuba bwa Beirut, aho bivugwa ko hatuwe cyane n’abarwanyi ba Hezbollah.

Iki ni cyo gitero cya gatanu cya Israel kibasiye aka gace kuva hashyirwaho agahenge mu Ugushyingo 2024. Kibaye kandi mu gihe hasigaye icyumweru mbere y’uko Papa Leo wa XIV asura Libani.

Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko “zigikomeye ku masezerano y’agahenge,” n’ubwo iki gitero cyayabangamiye.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe Netanyahu byemeje ko ari we wategetse ko iki gitero kigabwa.

Mu itangazo, byagize biti “Hagati muri Beirut, IDF yagabye igitero ku Muyobozi Mukuru w’Ingabo za Hezbollah, wari uyoboye ibikorwa byo kongera kubaka no gutunganya intwaro by’uwo mutwe w’iterabwoba.”

Ku ruhande rwe, Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yagize ati “Uzarambura ukuboko ku Israel, tuzaguca.”

Mu myaka ibiri ishize, ibitero bya Israel byahitanye Hassan Nasrallah, wari uyoboye Hezbollah muri icyo gihe, hamwe n’abandi bayobozi bakuru n’abarwanyi bagera ku 5.000 b’uyu mutwe.

Muri iki gitondo, mbere yo kugaba iki gitero, Netanyahu yabwiye inama y’Abaminisitiri ya Israel ko bazakomeza kurwanya iterabwoba ku mipaka itandukanye. Ati: “Tuzakora ibikenewe byose kugira ngo Hezbollah itongera kubaka ubushobozi bwo kutugabaho ibitero.”

Israel ishinja Hezbollah kongera kwisuganya ikusanya intwaro zo guhungabanya umutekano wayo, ibihabanye n’amasezerano yo guhagarika imirwano yasinywe ashyigikiwe na Amerika umwaka ushize, ariko Hezbollah yo ivuga ko yubahirije ibyo yasabwaga, birimo guharira ingabo za Lebanon umupaka uhuza iki gihugu na Israel, akaba ari zo ziwugenzura.

Israel yigambye kwica Umuyobozi Mukuru w'Ingabo za Hezbollah mu gitero yagabye i Beirut

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages